Ukraine: Amerika yatangaje ko Uburusiya burigukoresha misire rutura za Korea ya Ruguru
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko Uburusiya bwatangiye gukoresha ibisasu bya rutura biraswa kure kandi bigendera kure cyane (missiles balistiques/ballistic missiles) hamwe n’ibi bunda bini bibirekura, byatanzwe na Korea ya Ruguru mu ntambara yabwo muri Ukraine.
Umuvugizi w’Inama nkuru y’Igihugu ishinzwe umutekano John Kirby avuga ko iyi ari intambwe irenze urugero ndetse ko iteye impungenge ku bufasha Korea ya Ruguru iha Uburusiya.

Avuga ko Amerika izageza iki kibazo mu Nama nkuru ya ONU ishinzwe umutekano kw’isi kugira ngo yongere ifatire ibi Bihugu ibindi bihano byiyongera ku bisanzwe bihari.
Ni mu gihe Uburusiya bwo burahakana ko nta gukorana nk’uku kuri hagati yabwo na Koreya ya Ruguru.
Nyuma y’uko Maison Blanche/White House (ibiro vy’Umukuru w’Igihugu bya Amerika) bisohoreye ibi birego, Perezida wa Korea ya Ruguru Kim Jong Un yahise ategeka ko hongerwa ibimodoka birasa ibisasu bya misire mu Gihugu.
Mu kwezi kwa 9, Perezida wa Korea ya Ruguru yasuye Uburusiya kugira ngo bavugane uburyo bashobora gufatanya mu bya gisirikare.
Ni mu gihe mbere yahoo gato, Amerika yashinje Korea ya Ruguru guha Uburusiya intwaro, ariko ubu ni bwo bwa mbere iperereza rya Amerika ritangaje amakuru y’ikoreshwa ry’ibi bisasu rutura bishobora kurasa mu birometero 900.
Avugana n’abanyamakuru muri Maison Blanche ejo ku wa kane, Kirby yavuze ko kuba Uburusiya burikohererezwa ibisasu bya misire rutura byo muri Korea ya Ruguru ari ukunyuranya n’ibyemezo bitari bike by’Inama nkuru ya ONU ishinzwe umutekano kw’isi.
Ati: “Tuzasaba ko Uburusiya bubazwa icyatumye bwongera kurenga ku nshingano mpuzamahanga zabwo”.
Avuga kandi ko Amerika yemera ko Uburusiya buri gutegura kugura ibisasu bya misire biraswa ku ntera ngufi muri Irani, ariko ko kugeza ubu ibi bitarakorwa.
Ubwongereza buvuga ko bwamaganiye kure kuba Uburusiya burigukoresha muri Ukraine ibisasu bya misire biraswa kure bivuye muri Korea ya Ruguru.
Umuvugizi w’ububanyinamahanga, Commonwealth n’iterambere yagize ati: “Korea ya Ruguru iri mu bihano bikomeye, kandi tuzakomeza gukorana n’incuti kugira ngo iki Gihugu cyishyure bikomeye kubera ubufasha giha Uburusiya mu ntambara yabwo muri Ukraine”.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Kirby yasabye kandi Inteko ishingamategeko kwemeza bidatinze imfashanyo ya Amerika igenewe Ukraine.
Ati: “Ikiguzi nyacyo ku bikorwa by’ubugome Uburusiya burigukorera Abanya-Ukraine ni ugukomeza guha Ukraine uburyo bukenewe bwo guhangana n’ibitero byo mu kirere hamwe n’ibindi bikoresho bya gisirikare.
“Irani na Korea ya Ruguru byifatanije n’Uburusiya. Ni ngombwa ko twereka Ukraine ko Abanyamerika tuzakomeza kubasha ibishoboka byose muri uru rugamba.”.
Imfashanyo ya gisirikare ya Amerika igenewe Ukraine, ifite agaciro ka miriyoni 250 z’amadorari y’Abanyamerika, yemejwe na Maison Blanche ku wa 27/12/2023.

