Nigeria: Abatuye ku nkombe z’ubutayu bwa Sahara bakomeje kwirukanwa n’imihindagurikire y’ikirere

Spread the love

Mu mfuruka ya kure ya leta ya Yobe yo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nijeriya, abaturage baryamye bakikijwe n’imisozi minini irambuye kugeza aho ijisho ribona. Mu myaka yashize, ubutayu bwegereye aba baturage, iterambere rikomeje kugira ingaruka ku mibereho y’abantu baho.

Umujyi wa Toshia mu gace ka Yunusari, hafi y’umupaka na Niger, ni kamwe mu gatuwe n’aba baturage. Kujya mu mujyi bisaba ibinyabiziga bishaje, byigizwe n’ibiziga bine, briho abagenzi bicaye ahantu hose hashoboka harimo no hejuru y’igisenge cy’ikinyabiziga bagenda biterera hejuru uko ikinyabiziga kinyeranyereza ku musenyi woroshye.

Maigari Isa Bukar, umuhinzi akaba n’umuyobozi w’imidugudu i Toshi, Yobe, muri Nijeriya, avuga ko ubutayu bwatwaye imirima igera kuri 10, barumuna be na se [Murtala Abdullahi / Al Jazeera]

Bulama Mele yari umwana igihe ababyeyi be batangira guhinga muri Niger. Ubu se w’imyaka 40 n’abana umunani, avuga ko ubutayu buzengurutse umujyi impande zose. Ubu yihanganiye ingendo zikomeye zo gukorera ibikorwa bye by’ubuhinzi n’ubworozi muri muri Niger, nyuma yo gutakaza imirima ibiri yari afite muri Toshia kubera ubutayu.

Usibye gukora ingendo zitoroshye, ubutayu bwanagize ingaruka ku mibereho.

Abandi na bo bagize igihombo kinini mu gihe ikibazo cy’iyangirika ry’ibidukikije gikomeje kwangiza imirima myinshi no guteza ikibazo cy’inzara muri utwo duce. Imirima igera ku 10 y’Umuyobozi w’urusisiro Maigari Isa Bukar, iya barumuna be, na se yazimiriye mu butayu bukomeje kubasatira aho na se, Bukar bwamuye iwe.

Al Jazeera yaganiriye n’abandi baturage bavuga ko umusenyi nawo washyinguye amazu arenga 20 mu myaka yashize, ibi bikaba byaratumye ubutaka buba ingume ku buryo ubu abantu batangiye gusubira gutura aho bari barataye.

Bukar yavuze ko mu myaka 20 ishize, umurima we watanze imifuka igera kuri 20 kugeza kuri 30 y’ibishyimbo, umuceri, ibinyomoro, n’amasaka. Ariko kuri ubu, ntabwo yashoboye kugera ku mufuka umwe kubera ko ubuhinzi bwifashe nabi.

Yatangarije Al Jazeera ati: “Ubuzima bwarushijeho kutugora cyane kuko nta biryo kandi turashonje, nta hantu ho guhinga”.

Imisozi y’umucanga mu gace gakikije Umujyi wa Toshia hafi y’umupaka wa Nijeriya na Nijeri [Murtala Abdullahi / Al Jazeera]

Kubera ibura ry’ibyatsi, inyamaswa ntizishobora kuzerera no kubona ibizitunga, amatungo mu baturage agaburirwa mu bwatsi buto abahinzi bashobora kwegeranya mu murima. Kubera iyo mpamvu, amata y’inka n’ihene yaragabanutse. Zimwe mu nyamaswa zishwe n’indwara ziterwa n’inzara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *