DRC: Imyigaragambyo y’abaforomo yatumye abana 16 bapfa kubera kubura ubuvuzi
Umuganga uhagarariye akarere k’ubuzima ka Samba muri Maniema, yatangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri ko hari abana 16 bapfuye kubera kudahabwa ubuvuzi bukwiye mu gihe abaforomo bari mu myigaragambyo.

Abo bana bapfuye hagati y’itari ya 11 na 18 Nzeri kubera ko batigeze bitabwaho.
Iki kibazo gihangayikishije abo muri sosiyete sivile nk’uko inkuru ya Radio Okapi ibivuga.Basabye leta gukemura ibibazo by’abaforomo kugira ngo bahagarike imyigaragambyo. Bitabaye ibyo igakomeza ngo impfu zava ku bana zikagera no ku bagore.
Mu gihe ku wa 14 Nzeri hari hateganyijwe ibikorwa byo gutanga urukingo rw’iseru kubera ko ako karere kibasiwe n’icyorezo cyayo, ntibyabaye mu ntara ya Maniema.
Byimuriwe ku yindi tariki kubera iyo myigaragambyo nk’uko minisitiri w’ubuzima ku rwego rw’intara yabitangaje. Kimwe no mu bindi bice bya RDC, abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi batari abaganga bari mu myigaragambyo.
Basaba guhabwa agahimbazamusyi no guhabwa imishahara y’igihembwe cya kabiri cya 2023 yafungiwe muri minisiteri y’imari.
Ibikorwa by’imyigaragambyo byatangiye muri Kanama uyu mwaka byakomye mu nkokora serivisi z’ubuvuzi mu mavuriro ya leta ndetse bibuza abaganga gukomeza umurimo wabo wo gusuzuma abarwayi.
Kivu24.rw
