Perezida mushya wa Sénégal yarahiriye imirimo yizeza kubumbatira ubusugire bw’Igihugu

Spread the love

Perezida mushya wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yarahiriye umwanya w’Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa kabiri tariki 2 Mata 2024 nyuma y’icyumweru atsinze amatora yizeza kubumbatira ubusugire bw’Igihugu.

Nyuma y’uyu muhango wanitabiriwe na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Edouard Ngirente ahagarariye Perezida Paul Kagame; Perezida mushya wa Senegal, Bwana Bassirou Diomaye Bakhtar Faye yashimiye abahagariye Ibihugu bitandukanye bamuhaye amashimwe igihe yatsindaga.

Yashimiye abitabiriye irahira rye, kandi ashimira urukiko rushinzwe iremezo ry’itegeko nshinga rwirengagije umushinga wo guhindura italiki y’amatora, rugatuma amatora aba akerereweho gake ariko atigijwe mu kuboza 2024. Yashimiye kandi abanyasenagali bamugiriye icyizere bakamutora akaba abaye perezida wa 5 wa Senegali.

Yibutse abatsikiriye mu rugamba rwa demokarasi bakarugwamo, bagacibwa amaguru abandi bagafungwa (tubibutse ko nawe yafunzwe amezi 11 Ndlr). Yongeye kuvuga ko yumva ubusabe bwa rubanda bw’ubusugire bw’igihugu cye cya Senegali (plus de souveraineté nationale). Yiyemeje kandi kubaka ubutabera bwigenga muri senegali bubereye bose. Aho hombi abitabiriye bose bakomye amashyi.

Umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Senegal ryabereye ku kibuga cya Diamnidio hafi y’umurwa mukuru w’iki Gihugu, Dakar, witabirwa n’abakuru b’ibihugu barimo Bola Tinubu wa Nigeria, Mohamed Ould Cheikh el Ghazouani wa Mauritania na Umaro Sissoco wa Guinée-Bissau.

Ikinyamakuru Jeune Afrique kandi cyatangaje ko Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Edouard Ngirente, Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Tiémoko Meyliet Koné na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mali, Malick Diaw, na bo bitabiriye uyu muhango.

Komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu tariki ya 26 Werurwe 2024, yemeje ko Faye yatsinze ku majwi 53,7%. Ni intsinzi yashimangiwe n’Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga nyuma y’iminsi ine.

Uyu mukandida wo mu ishyaka Pastef ritavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Macky Sall, yasezeranyije abaturage ko azarandura ruswa, agarure ituze mu Gihugu ndetse anarwanye ubushomeri mu rubyiruko.

Abakurikiranira hafi ubuzima bwo muri Sénégal bagaragaza ko uyu Mukuru w’Igihugu w’imyaka 44 y’amavuko akwiye kwibanda ku rubyiruko kuko 75% by’abatuye muri iki Gihugu ari rwo. Ni mu gihe abagera kuri 20% bugarijwe n’ubushomeri.

Nyuma y’iminsi mike arahiriye kuyobora iki gihugu, yateganyije gushyiraho Guverinoma nshya, izaba igizwe n’abenegihugu “bashoboye, b’inyangamugayo kandi bakunda igihugu”, baba ababa imbere muri Sénégal n’ababa mu mahanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *