Sudani y’Epfo: Abantu 12 bishwe n’umutwe w’insoresore abana 15 baburirwa irengero

Spread the love

Umutwe w’insoresore wo muri Sudani y’Epfo wagabye igiterourasa abantu 12. Nyuma y’icyo gitero abana cumi na batanu bakomeje kuburirwa irengero kugeza ubu. Ibi bibaye mu gihe imidugararo ikomeje kwiyongera ndetse n’Igihugu kiri mu myiteguro y’amatora.

Muri ubwo bwicanyi bwabaye kuri iki cyumweru, abasore bateye agace ka Ajwara mu Ntara ya Pibor Pochalla.

Abraham Kelang, Umuyobozi ushinzwe amakuru mu Ntara ya Pibor yabwiye Reuters, ko abantu 12 bishwe, abandi 10 barakomereka. Yavuze kandi ko benshi mu bishwe bari abantu bageze muza bukuru ndetse kandi ko hari n’imitungo yibwe.

Komiseri mu Ntara ya Pibor yabwiye ibinyamakuru ko abagabye icyo gitero bakomoka mu bwoko bw’aba Murl,e kandi bikekwa ko ari bo bashimuse abana icumi muri 15 bo mu bwoko bw’aba Anyuak, kugeza ubu irengero ryabo rikaba ritazwi.

Intambara ya gisivile yabaye hagati y’umwaka w’ 2013 n’uw’2018 muri icyo gihugu yahitanye abantu ibihumbi amagana n’amagana. Naho imitwe ikomeye yarwanaga icyo gihe, ubu yashize intwaro hasi.

Abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko ubwicanyi bwiyongeye muri iki gihe bufitanye isano n’amatora ateganijwe mu gihe kiri imbere agamije kwitorera Abayobozi bashya hasimburwa Ubuyobozi bwa Gisirikare buri ku butegetsi kugeza ubu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *