Rubavu: Mwarimu w’iki gihe yihagazeho, si umwe waburaga umugabo cyangwa umugore kubera ubukene

Spread the love

Bamwe mu barimu bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko mwarimu muri iki gihe yihagazeho binyuranye no mu gihe cyashize ubwo wasangaga kubona umugabo ku barimukazi ndetse no kubona umugore ku barimu byarabaga ari ingorabahizi bazira umushara w’intica ntikize bahembwa.

Ibi babigarutseho kuri uyu wa 14 Ukuboza 2023 kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu bashima Perezida wa Repubulika wumvise ubusabe bwabo akabongeza umushahara wabahinduriye imibereho ya buri munsi.

Mwarimu Uwajeneza Joyeuse avuga ko kimwe mu byatuma abarimu kazi kimwe n’abarimu babengwa cyari umushahara muto bahembwaga utarabashaga kubafashe kwiteza imbere akagaragaza ko nyuma y’uko wongewe imibereho yabo yahindutse ku buryo bugaragarira buri wese ndetse bakomeje no kuwubyaza umusaruro biteza imbere.

Yagize ati:” Ubu ngubu ntawabura umugabo, ntanuwabura umugore pe, kubera ko niba mbere umuntu yarabaga ameze nabi ubu byarakemutse urabona ko dukeye nta kibazo dufite.”

Ibi kandi byemezwa n’Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Gitebe ya 2 Habiyaremye Emmanuel wemeza ko izamurwa ry’umushahara ryamufashije kwiteza imbere ku buryo yamaze kwibonera icumbi ndetse akaba anishyurira abana be ishuri bitamugoye.

Ati: ‘’Abarimu twatangiranye twahembwaga amafaranga ibihumbi 40 yonyine aho byari bigoye kuyahuza n’ibiciro bikaze cyane muri iyi minsi; nyuma rero yo kutwongeza rero imibereho yacu yarazamutse bituma bongera imbaraga mu gukurikirana imyigire y’abana binagaragazwa n’uburyo umusaruro wazamutse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper ashima uruhare rw’abarimu mu kubaka Igihugu akabasaba gukomeza guha abana b’u Rwanda uburezi bufite ireme ndetse no kubarinda ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko.

Ati:”Turahirwa no kugira abarezi beza nkamwe. Igikurikiraho reka dukomeze duhange udushya, umusaruro wiyongere ikindi dusabwa ni ugusigasira ibyagezweho, kuba abarimu bajyana n’icyerekezo cy’Igihugu; Kuba Mwarimu wubaka, akabungabunga Ubumwe bw’Abanyarwanda, no kuba umwarimu wigisha yabanje gutegura kandi aharanira gutsindisha.”

Abarimu bigisha mu mashuri abanza, bafite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye, A2, bongerewe 88% by’umushahara bahembwaga, bihwanye n’inyongera ya 50.849 Frw.Abarimu bahemberwa ku mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza A1, bagera ku 12.214 hiyongereyeho abarimu 17.547 bahemberwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza A0, bongereweho 40% by’umushahara.

Kivu24.rw

10 thoughts on “Rubavu: Mwarimu w’iki gihe yihagazeho, si umwe waburaga umugabo cyangwa umugore kubera ubukene

  • June 10, 2024 at 3:26 am
    Permalink

    Awesome! Its in fact amazing post, I have got much clear idea concerning from this post.

    Reply
  • June 10, 2024 at 5:38 pm
    Permalink

    Right now it seems like Expression Engine is the preferred
    blogging platform available right now. (from what I’ve read) Is that what you are using
    on your blog?

    Reply
  • June 12, 2024 at 11:46 pm
    Permalink

    It’s awesome designed for me to have a site, which is valuable designed for
    my know-how. thanks admin

    Reply
  • June 13, 2024 at 7:37 am
    Permalink

    Every weekend i used to pay a quick visit this web site, as i wish for enjoyment, for the reason that this this site conations actually
    nice funny data too.

    Reply
  • June 13, 2024 at 11:14 am
    Permalink

    Greetings I am so grateful I found your web site, I really found you by mistake, while I was looking on Aol for something else, Nonetheless I am here now and would just like to say kudos for a remarkable post and a all round exciting blog (I also love the theme/design), I don’t have time
    to read through it all at the moment but I have saved it and also added in your RSS feeds,
    so when I have time I will be back to read a great deal more, Please do keep
    up the great job.

    Reply
  • June 15, 2024 at 2:05 am
    Permalink

    You really make it seem so easy with your presentation but I find this matter to be really something which I think I would never
    understand. It seems too complex and very broad
    for me. I am looking forward for your next post, I’ll try to get the hang of it!

    Reply
  • June 19, 2024 at 1:43 am
    Permalink

    Please let me know if you’re looking for a article author for your weblog.
    You have some really great articles and I believe I
    would be a good asset. If you ever want to take some of
    the load off, I’d really like to write some content for your blog
    in exchange for a link back to mine. Please shoot me an email if interested.

    Kudos!

    Reply
  • June 19, 2024 at 10:22 am
    Permalink

    Hey I know this is off topic but I was wondering if you
    knew of any widgets I could add to my blog that automatically tweet my newest twitter updates.
    I’ve been looking for a plug-in like this for quite some time and was hoping maybe you would have some experience
    with something like this. Please let me know if you run into anything.
    I truly enjoy reading your blog and I look forward to your
    new updates.

    Reply
  • June 19, 2024 at 7:49 pm
    Permalink

    I do agree with all the concepts you’ve introduced on your post.
    They are really convincing and will definitely work. Nonetheless, the posts are very brief for novices.
    May you please extend them a bit from subsequent time?
    Thanks for the post.

    Reply

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *