Afrika y’Epfo itegura kurungika abarisikare 2900 muri DR Congo

Spread the love

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afrika y’Epfo yategetse ko hoherezwa abasirikare 2900 mu bikorwa byo gufasha kurwanya imitwe y’inyeshamba mu burasirazuba  bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Izi ngabo zizaba ziri mu rwego rw’ubutumwa bw’ingabo z’ishyirahamwe rihuza Ibihugu vya Afrika y’Amajyepfo, SADC, muri Congo buzwi nka SAMIDRC (SADC Mission in DRC), bwemejwe n’iri shyirahamwe muri Gicurasi umwaka ushize.

Malawi na Tanzania na byo nanone bizohereza ingabo muri ubu butumwa.

Itangazo ry’ibiro bya Perezida Ramaphosa rivuga ko igikorwa cy’aba basirikare b’Afrika y’Epfo cyatanguye ku wa 15 Ukuboza muri 2023 – aba mbere boherejwe muri uwo mwaka  ndetse bikazakomeza kugera muri Gicurasi uyu mwaka.

Ubu butumwa bwa SADC busubukuwe ku ngabo z’umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba zavuye muri Congo muri Gicurasi umwaka ushize, nyuma y’aho Leta y’iki Gihugu itangarije ko ntacyo zayimariye.

Ubutumwa bw’izi ngabo buzatwara Afrika y’Epfo imiriyari ebiri z’ama-rand (ni ukuvuga miriyoni 105 z’amadorari y’Abanyamerika.

Afrika y’Epfo isohoye iri tangazo mu gihe intambara zongeye kubura zikaba zimaze gutuma abaturage ba DRC babarirwa mu bihumbi mirongo bakuwe mu byabo, biyongera ku bandi babarirwa muri miriyoni indwi bataye bavuye mu byabo muri DR Congo kubera intambara zitandukanye.

Hagize imisi havugwa imirwano ikomeye mu turere twa ya Masisi na Rutshuru hagati y’ingabo za Leta (FARDC) n’inyeshamba za M23 zivugwa ko zishigikiwe n’u Rwanda n’ubwo rutahwemye kubyamaganira kure.

Hashize iminsi imirwano ikomeye ivugwa mu bice byegereye Sake muri Teritwari ya Masisi iri mu birometero hagati ya 20 na 25 mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *