Etincelles FC ibonye kuri Rayon Sports amanota yari ikeneye cyane

Ibitego bitatu byo mu minota irindwi gusa, bifashije Etincelles FC gutsinda Rayon Sports 3-1 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona waberaga kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo.
Ikipe y’i Rubavu igize amanota 29 ku mwanya wa 12, irusha atanu Bugesera FC ya 15 nubwo iyi yo mu Burasirazuba izakina na Marines FC ku wa Gatanu.
Ni ubwa mbere Rayon Sports yinjijwe ibitego byinshi (bitatu) muri uyu mwaka w’imikino, ndetse igumye ku mwanya wa kabiri n’amanota 48, irushwa 11 na APR FC ya mbere.
Ikipe y’Ingabo yari gukina na AS Kigali ku wa Gatanu, ariko uwo mukino wasubitswe kubera urupfu rwa Adel Zrane wari Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC.
Mu wundi mukino wabaye, Mukura VS yagize amanota 42 ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindira Muhazi United i Ngoma ibitego 3-0.



