Ubwongereza: Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ntakozwa ibyo gukomeza kugurisha intwaro Israel
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza akomeje gushyira ku gitutu Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Rishi Sunak, amubuza kongera kugira intwaro agurisha Israel.
Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko Israel ishinjwe kwicira muri Gaza abantu barindwi bakoraga mu bikorwa by’ubutabazi muri aka gace, barimo n’Abongereza batatu. Ni amakosa Israel yemeye ndetse inayasabira imbabazi.

Kugeza ubu amashyaka arimo Liberal Democrats, Scottish National Party n’ishyaka ry’Abakozi, byatangiye gushyira ku gitutu Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, kubera aya makosa ya Israel.
Aya mashyaka yose yasabye ko abagize Inteko Ishinga Amategeko bava mu kiruhuko cya Pasika kugira ngo batore itegeko ribuza u Bwongereza kongera kugurisha intwaro Israel.
Ni icyemezo kandi gishyigikiwe na bamwe mu badepite b’ishyaka riri ku butegetsi n’abanyamategeko, bavuga ko u Bwongereza bukwiye kureka guha intwaro Israel kugira ngo iki gihugu kitazaba umufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside bavuga ko iri kubera muri Gaza.
Imibare ya Guverinoma y’u Bwongereza igaragaza ko kuva mu 2008 iki gihugu cyagurishije Israel intwaro zifite agaciro ka miliyoni 719$. Mu 2022 gusa iki gihugu cyagurishijeyo izifite agaciro ka miliyoni 53$.
