Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara w’imyaka 83, yatangaje ko aziyamamaza ku nshuro ya kane

Spread the love

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara, w’imyaka 83, yatangaje ko azongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe muri Ukwakira uyu mwaka.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Ouattara yavuze ko ubuzima bwe bwifashe neza kandi ko icyemezo cye cyo kwiyamamaza gishingiye ku “gukomeza kubungabunga umutekano n’ubusugire bw’igihugu mu gihe gikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano n’ubukungu.”

Uyu mukuru w’igihugu avuga ko Itegeko Nshinga rishya ryatowe mu mwaka wa 2016 ryahinduye amategeko ku mubare ntarengwa w’manda za Perezida, bityo bikamuha uburenganzira bwo kongera kwiyamamaza.

Ouattara ni we uhabwa amahirwe menshi yo gutsinda ayo matora, kuko bamwe mu bakandida bakomeye bari kuzamuka mu mbaraga bamaze gukurwa ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza. Abo barimo: wahoze ari Perezida Laurent Gbagbo, wahoze ari Minisitiri w’Intebe Guillaume Soro, ndetse na Tidjane Thiam wahoze ari Minisitiri.

Ku wa Kabiri, Tidjane Thiam hamwe n’abandi bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta bamaganye byihuse icyemezo cya Ouattara. Thiam yagize ati:
“Icyemezo cya Ouattara cyo kwiyamamaza gikomeje gusuzugura Itegeko Nshinga ryacu ndetse ni ikindi gitero ku mahame ya demokarasi.”
Yakomeje agira ati: “Abaturage ba Côte d’Ivoire bazakomeza kumvikanisha ijwi ryabo no kwereka isi uko babyumva.”

Kuri uwo munsi nyine Ouattara yatangaje kandidatire ye, inzego z’umutekano zahise zibuza imyigaragambyo yari iteganyijwe kuba ku wa 7 Kanama. Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’amashyaka atavuga rumwe na Leta, igamije gusaba ko abakandida babujijwe kwiyamamaza basubizwa ku rutonde ndetse no gusaba ubugenzuzi bwigenga ku rutonde rw’abazatora.

Ouattara wahoze ari umukozi ukomeye mu rwego rw’imari, yizeye ko ibikorwa bye byo guteza imbere ubukungu bizamuhesha intsinzi mu matora ateganyijwe muri Ukwakira. Mu myaka ine ishize, ubukungu bwa Côte d’Ivoire bwagiye buzamuka hejuru ya 6% buri mwaka.

Gusa n’ubwo ubukungu bukomeje kuzamuka, abaturage benshi bari kugenda batakaza icyizere ku banyapolitiki n’ubuyobozi bw’igihugu. Kwirukana bamwe mu bakandida bibutsa amateka y’amakimbirane yagiye avuka mu bihe by’amatora, cyane cyane hagati ya 2010 na 2011 aho abantu barenga 3,000 bapfiriye mu mirwano, kimwe n’imvururu zatewe n’ukwiyamamaza kwa Ouattara ku nshuro ya gatatu mu 2020.

Abaturage barenga miliyoni 8.7 ni bo bamaze kwiyandikisha ku rutonde rw’abazatora. Amatsinda ya sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini barimo Inama y’Abepiskopi Gatolika ya Côte d’Ivoire bamaze kugaragaza impungenge ku makimbirane ya politiki agenda akaza muri iki gihe.

Kivu24.rw


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *