Nyuma y’Ubufaransa n’u Bwongereza na Canada yavuze ko izemera Leta ya Palestine muri Nzeri
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yatangaje ko igihugu cye giteganya kumenya ku mugaragaro Leta ya Palesitine muri Nzeri, kikaba kibaye igihugu cya gatatu mu bigize G7 gitangaje icyo cyemezo mu minsi mike ishize.

Carney yavuze ko iri sengesho rishingiye ku mpinduka muri demokarasi, zirimo ko Ubuyobozi bwa Palesitine bugomba gutegura amatora mu mwaka utaha, amatora atarimo umutwe wa Hamas.
Itangazo rya Canada ryatewe utwatsi na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Israel, ivuga ko ari “igihembo gihabwa Hamas”. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na we yavuze ko icyo cyemezo “kizagora cyane” ibiganiro by’ubucuruzi hagati ya Amerika na Canada.
Nubwo bimeze bityo, ibihugu 147 muri 193 bigize Umuryango w’Abibumbye (UN) byamaze kumenya Leta ya Palesitine.
Carney yavuze ko Canada izatangaza ku mugaragaro ishyigikira Leta ya Palesitine mu nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaba muri Nzeri.
Yagize ati: “Kwaguka kw’imiturire y’Abayahudi ku butaka bwa Cisjordania butuwe n’Abapalestine, ibibazo by’ubuzima byugarije abaturage ba Gaza, ndetse n’ibitero bya Hamas byo ku wa 7 Ukwakira 2023, byose biri mu byatumye Canada ihindura imitekerereze ku rwego mpuzamahanga.”
Iri tangazo rya Carney rije nyuma y’uko u Bwongereza butangaje ko buzamenya Leta ya Palesitine muri Nzeri niba Israel itemeye agahenge n’ibindi bisabwa, ndetse nyuma y’icyumweru kimwe u Bufaransa na bwo buvugiye ibintu bisa.
Carney yagize ati: “Uburibwe abaturage ba Gaza barimo burenze urugero kandi buragenda burushaho kuba bubi.”
Yongeyeho ko kwemeza Leta ya Palesitine bizashingira ku masezerano y’uko Ubuyobozi bwa Palesitine buzakora impinduka zikomeye mu miyoborere ndetse no guharika ibikorwa bya gisirikare mu turere bwayobora.
Carney yavuze ko Canada yahoze ishyigikiye igisubizo cy’amahoro gishingiye ku bihugu bibiri (Palestine na Israel), ariko ko ubu iyi nzira “itarimo gutanga icyizere na gike.”
Yagize ati: “Icyizere cy’uko Leta ya Palesitine ishoboka kiri gusenyuka mu maso yacu.”
Yasoje avuga ko yari amaze kuvugana n’umuyobozi wa Palestinian Authority, Mahmoud Abbas, mbere gato y’uko atangaza ibyo Canada igiye gukora.
