Burkina Faso yamaganye ibyavuzwe na Côte d’Ivoire ko umwenegihugu wayo yapfuye yiyahuye
Leta ya Burkina Faso yatangaje ko ifata urupfu rw’umunyarugamba wayo wafatiwe muri Côte d’Ivoire nk’ubwicanyi, ihakana ibyo Abanya-Côte d’Ivoire bavuze ko ari ukwiyahura.

Alain Traoré, uzwi cyane ku izina rya Alino Faso, yari amaze amezi atandatu afunzwe muri Côte d’Ivoire akekwaho ubutasi. Ku wa Gatandatu, ubutegetsi bwa Côte d’Ivoire bwatangaje ko Traoré, wari ufite imyaka 44, yiyahuye ubwo yari afungiwe mu ishuri rikuru rya gisirikare.
Minisitiri w’Itangazamakuru wa Burkina Faso yavuze ko leta yabo itemera ibyo kwiyahura, mu gihe abafana ba Traoré bashinja Côte d’Ivoire guhisha ukuri kugira ngo yitwikire ihohoterwa rya politiki.
Traoré yari azwi cyane nk’ufasha ibihugu biyobowe n’igisirikare muri Sahel birimo Burkina Faso, aho yakunze kugaragaza gushyigikira bene iyo mitegekere binyuranye n’imyifato ya CEDEAO (Ecowas), umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba usaba ko hagarurwa ubutegetsi bwa demokarasi.
Benshi mu bamushyigikiye bavuga ko Côte d’Ivoire, nk’igihugu kiri muri CEDEAO, yamufunze ishaka kumucecekesha kubera ibitekerezo bye binenga uwo muryango.
Uyu munyapolitiki yari akunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga – kuri Facebook gusa yari afite abamukurikira barenga 400,000.
Ubwo Traoré yafungwaga muri Mutarama, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’abamushyigikiye bavuze ko ibyaha yashinjwaga bifite impamvu za politiki.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Burkina Faso, Karamoko Jean Marie Traoré, yasabye ko “ukuri kw’iyi mpanuka kuboneka mu buryo busesuye”, kandi asaba ko umurambo we ugezwa mu gihugu cye.
Yanenze cyane uburyo Côte d’Ivoire yatangaje urupfu rwa Traoré binyuze ku mbuga nkoranyambaga, itarabimenyesha umuryango we mbere.
Yagize ati: “Hariho agasuzuguro gakomeye, kubura icyubahiro no kutubaha abategetsi n’abaturage ba Burkina Faso, ariko bikaba bibi cyane ku muryango w’uwitabye Imana wabimenye binyuze ku mbuga nkoranyambaga.”
Yakomeje avuga ko ku wa Mbere yahamagawe Chargé d’Affaires wa Ambasade ya Côte d’Ivoire muri Burkina Faso kugira ngo asobanure byeruye urupfu rwa Traoré.
Ubushinjacyaha bwa Côte d’Ivoire bwatangaje ko hari iperereza ririmo gukorwa ku “mpamvu n’uko Traoré yiyahuye”.
