Usengimana Danny yinjiye mu ikipe ya AS Laval yo muri Canada
Usengimana Danny wakiniye APR FC, Police FC n’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Alliance Soccer Laval (AS Laval) yo mu Cyiciro cya Mbere mu Ntara ya Québec muri Canada.

Usengimana nta kipe yari afite nyuma yo kuva muri Police FC ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2022/23.
Kuri uyu wa 2 Mata 2024 ni bwo Ikipe ya AS Laval yatangaje Usengimana w’imyaka 28 nk’umukinnyi wayo mushya, ivuga ko ubunararibonye afite mu makipe yakiniye arimo iy’u Rwanda buzayifasha kugera ku ntego zayo.
Usengimana yerekeje muri Canada muri Nyakanga 2023, ahasanze umugore we Nyangabire Francine.
Kuva icyo gihe, nta kipe yari afite ahubwo yakundaga kugaragara ku mbuga nkoranyambaga akoresha imyitozo ngororamubiri n’iyongera imbaraga yifashishije Umuyoboro wa YouTube yise “Be fit with Dany”.

AS Laval yerekejemo, yabayeho nyuma yo kwihuza kwa CS Monteuil (yo mu 1966) na CS Étoiles de l’Est mu 2021, ibarizwa muri Ligue1 Québec yo muri League1 Canada, icyiciro cya gatatu muri icyo gihugu.

Usengimana Danny yatangiriye umupira w’amaguru mu makipe y’abato ya Gasabo United na SEC Academy. Mu mwaka w’imikino wa 2014/15 yagiye mu Isonga FC, ayikinira umwaka umwe, aho yigaragaje ahita agurwa na Police FC.
Yahiriwe n’umwaka wa mbere w’imikino aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya 2015/16 ndetse no muri Shampiyona ya 2016/17.
Nyuma yo kugira ibihe byiza muri Police FC, uyu rutahizamu wari waratangiye guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu guhera muri CHAN 2016, yabengutswe na Singida United yo muri Tanzania, ayikinira umwaka umwe.
Muri Kanama 2018, Usengimana Danny yerekeje muri Tersana Sporting Club yo mu Misiri, ariko ntiyahatinze kuko muri Gashyantare 2019 yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa APR F yakiniye kugeza mu mpeshyi ya 2021 ubwo yasubiraga muri Police FC yakiniye imyaka ibiri.
Kivu24.rw
